Thursday, 2024-04-25, 7:15 PM
Main Sign UpRSS
Welcome, Guest
ibirimo
Section categories
Our poll
urubyiruko rw'igihembe rwicwa niki?
Total of answers: 40
Statistics

Total online: 1
Guests: 1
Users: 0
Main » 2013 » January » 23 » Ikibazo cya Murekatete gikomeje gutera urujijo
3:01 PM
Ikibazo cya Murekatete gikomeje gutera urujijo

"Biteye agahinda, abaganga bageze aho barambirwa umurwayi”

Murekatete Zawadi, ni umukobw uri mu kigero cy’imyaka makumyabiri, abarizwa mu nkambi y’impunzi z’abanyekongo ya Gihembe iherereye mu karere ka Gicumbi, intara y’amajyaruguru.

Uyu mukobwa mu ntangiro z’umwaka washyize wa 2012, yahuye n’ikibazo cy’uburwayi bukabije aho yaje kujyanwa no mu bitaro bya kaminuza by’I Kigali (CHUK) nyuma yo kumubaga bakaba baramusanzemo bimwe mu bikoresho byo kwa Muganga (birimo umukasi, ipamba, udupfuka ntoki(gants) ) nyuma bikaza gutera abantu benshi urujijo kuburyo byagez n’aho bamwe mu baganga bamuvuye baje gufatwa na Polisi bakekwaho kuba baragize uruhare mu kuzahara kwe.

UTU GEANT BAMUSANZE MO

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Mutarama 2013, ikinyamakuru Gihembe Morning, cyaganiriye n’umubyeyi wa Zawadi, Nyirabukara, ubwo cyamusangaga iwe mu rugo atangaza uko ubuzima bw’umwana we buhagaze kugeza ubu.

Nyiramukara yatangiye agira ati: " reka mbanze nababwira ingendo twagize tujya I Kigali, twagiye I Kigali inshururo zirenga eshatu (3), gusa ku nshuro ya kabili  ahagana mu kwezi kwa kane 2012 nibwo natangiye kubona abaganga bandambiwe, icyo gihe nagiye gufata imiti maze bambaza ifishi  kuko njye nabonaga bampereza ibipapuro yo turayibura, nzakugira amahirwe nsubirayo mfashijwe n’umuganga watuzanye maze dusanga bayishyanyaguje, gusa babonye ikenewe barongera barayiteranya. Tugeze mu kwa gatanu ni bwo station ya police hano I Gicumbi badutumijeho maze turagenda tugezeyo batubwira ko mugitondo tujya kwitaba kuri parike, gusa batumenyesha ko dosiye zose zagarutse zavuye I Kigali”, uyu mudamu yakomeje avuga ko bageze kuri parike ya Byumba basanze ikibazo gifite uwamuteye inda nuko ngo ahita yitahira nk’uko yabyivugiye agira ati: " bakimara kubimbwira nahise nitahira kuko  nabonye badashaka kunkemurira ikibazo kuko bambwiraga uwa muteye inda warumaze imyaka irenga ine yigendeye twara mubuze ,kandi barikureba uwanyiciye umwana yindengebya, gusa nabonye ko bantereranye”.

Ikinyamakuru kimubajije niba yarigeze yitabaza HCR, asubiza avuga ko haje uwitwa MUGARAGU ushinzwe protection nuko ngo amusobanurira uko byagenze byose amusabye impapuro amuha izasohotse mu binyamakuru kuko inyinshi yagiye azibura mu buryo budasobanutse izindi bakazimwiba, Mugaragu ngo yamwemereye ko agiye kubikurikirana akabona n’impozamarira ariko ngo amaso yaheze mu kirere, ikinyamakuru cyashatse kuvugana na Mugaragu kuri telephone ye igendanywa ntibyadukundira kuko twasanze ifunze.

Uyu mudamu uvuga ko ibi byose yabitewe n’ingaruka z’ubuhunzi , avuga ko umuganga wa mwangiririje umwana ameze nk’abandi bicanyi bose nk’uko yabyivugiye agira ati: "njye mbona ibyo uyu muganga yankoreye birenze kunyicisha umupanga”, yakomeje avuga ko uburwayi bw’umwana we bwamusigiye ubukene ubukabije cyane ndetse ngo akaba yaratereranywe n’abakagombye kumwitaho akaba akomeje gusaba inzego zose zirebwa n’ikibazo kumurenganua no gukurikirana ababigizemo uruhare ndetse no gushakira umwana ubuvuzi bukwiye dore ko avuga ko atakize neza.

 

KAMANA

 

Category: UBUZIMA | Views: 877 | Added by: GIHEMBE | Rating: 0.0/0